+250 789 164 797

IGICE CYA GATATU CY'AMATEKA YA MARTIN LUTHER
Martin luther amaze kugera munzu y’abihayimana yakomeje
kubura amahoro yo mumutima akumva aracyaremerewe n’ibyaha. Hari imirimo bagenzi
be babanaga munzu y'abihayimana bamuhaye ngukora nko kuba umuzamu wo kugipangu,
gusukura murusengero no kujya gusaba mu baturage ibyo kurya n’amafaranga. Impamvu
abihayimana bajyaga gusaba ibyo kurya n’amafaranga mu baturage n’uko cyari
ikimenyesto cyo kwicisha bugufi bijyana n’indahiro barahiye yuko batazagira
icyo batunga cyabo.
Martin luther yumvaga azabona umwanya wo kwiga cyane ariko Kubera
imirimo myishi yabaga amfite ntibikunde, yibwiraga ko iyi mirimo akora yamuha
kuba uwera. Ibyiringiro bya Martin luther byari mu mirimo akora, muri bamutagatifu,
muri penetesiya, no kwiyiriza cyane, ntabwo yari yakamenya ko umuntu ahabwa
agakiza binyunze mu kwizera yesu Kristo ku bwubuntu bw’Imana abafeso 2:8-10.
Hari umugabo bita john staupitz yari umuyobozi mukuru w’amakominote y’abafurere babanyagustiyo (Augustinian convents). Yaje kubasura abona Martin luther yarananutse cyane asa nurwaye john aramwegera aramubaza ati “Martin ko urakaye?? Martin Luther aramusubiza ati “Nasezeranyije Imana ko nzitwara neza, ariko nsanga nta cyo bimaze gusezeranya Imana,icyaha kirademereye.” John amusobanurira ko agakiza tutagahabwa n’imirimo ahubwo ari ukwizera Kristo yesu gusa. Amubwira icyatumye yesu aza ko ari ukutubatura, amaraso ya yesu yamenetse yogeje ibyaha byacu, ukunde Imana kuko ariyo yabanje kugukunda utumbira yesu wenyine.
Ibitekerezo byatanzwe kuri iyi nyandiko 0