+250 789 164 797

Yohana Umubatiza Ahamya Yesu
Yohana 1:6-8,
v19-28, v35-42
Mbere y’uko turebe uburyo
Yohana yahamije yesu reka tubaze turebe kuvuka kwe. Kuvuka kwe kurimo
igitangaza kuko ababyeyi be bari bakuze cyane bageze mu gihe batabyara , ariko
Imana ibahamiriza ko yumvise isengesho ryabo. (luka 1:5-24, v57-66). Kuvuka kwa
yohana kurimo igitangaza gutya.
1.
Izina
rye ryatanzwe na marayika
2.
Beshi
bazanezerwa uyu mwana
3.
Ntazanywa
vino cyagwa igisindisha (amategeko yagenga abanaziri)
4.
Azuzuzwa
umwuka wera akiva munda ya nyina
5.
Azahindurira
beshi mu bisiraheli ku mwami mana yabo
6.
Azagendera
mu bubasha n’umwuka bya eliya v17.
Muri uku kuvuka kwa
Yohana kutwereka ko hari umugambi Imana yari imufiteho kuko n’abantu
byarabatunguye bibaza ati iherezo ry’uyu mwana ni irihe (luka1: 57-66). Impamvu
yo kuvuka kwa Yohana umubatiza ni uguhamya yesu ko ariwe mucyo
Mbere y’uko avuka mu
isezerano rya kera tubonamo ubuhanuzi buvuga kuri Yohana umubatiza. Muri yesaya
40:3 (ijwi ryurangurira mu butayu) Malaki 3:1 (integuza inzabaziriza yesu)
Malaki 3:23-24 (yohana kuza mubushobozi bwa Eliya) mu isezerano rishya
turabibona , yesaya 40:3 bisubirwamo Yohana 1:23. Malaki 3:1 bisubirwamo
Mariko1:2-3. Malaki 3:23-24 bisubirwamo Luka
1:17, Matayo 11:14, Matayo17:12–13.
Bibiliya ntabwo itwereka ukuntu yahawe ubu butumwa n’imana
ariko Yohana umwaditsi w’iki gitabo atubwira ko hari ubutumwa yari yahawe
n’imana, tubonye neza ko bibiliya
ihishura neza icyo Yohana umubatiza yari bukore nyuma yo kuvuka kwe, muri make
hari inshigano Imana yari yaramuteguriye kugomba gukora. Ubu nibwo butumwa
yahawe n’imana kuzakora . kandi isoko yaho ubwo butumwa buva ni kumana bime mu biranga
Imana ntabwo ibeshya ni ukuvuga ko ibyo
Yohana yahamije byose byari ukuri. Igihe cyose Imana yashakaga gutanga ubutumwa
kubantu bayo yakoresheje abantu gutanga ubutumwa igenera abantu .yohana ni umwe
mubo Imana yakoresheje.
Uburyo Yohana yahamirije abantu yesu
V6 yohana umubatiza yahamije ubya yesu mu magambo. Bibiliya
igenda itwereka uko Yohana yahamije yesu
mu magambo . kumurongo wa 15 yohana umubatiza yahamije yesu ko ari umwana
w’imana , yahamije ko yesu yahozeho Yohana ubwe atarabaho ariko ashaka kuvuga
kubaho kwa yesu ko ari ukwiteka. Yohana umubatiza agenda ahamya yesu mu magambo
ye yereka abantu Kristo aho kugirango bamurebe , ahubwo abahamagarira kureba
yesu ko we Atari kritso. V19 abahamiriza ko atariwe kritso , ko Atari nawa
muhanuzi (v21) uvugwa mu gutegeka kwa Kabiri 18:15 , abahamiriza ko Atari
eliya.
ahubwo akomeze ababwira ko kritso ari hagati muribo ko
ariwe ufite ubushobozi kumurusha. Muvugo ya yahona umubatiza mu guhamiriza
Kristo haragwamo no guca bugufi cyane yakomeje avuga ko adakwiye gupfundura
udushumi tw’inkweto ze, uko ni ukwicisha bugufi cyane. Ntakindi ashaka ko
abantu bamenya uretse yesu wenyine. Kuko birajyana n’impamvu yo guhamya kwa
Yohana umubatiza ko abantu bizera yesu (v7) ntakindi gituma nduhamya yesu ni
ukugirango abantu bizere yesu kritso ntakindi , muri abaroma 10:14. Igihe cyose
duhamiriza abantu nuko bagommba kureba yesu ntahandi abantu bagomba kurebe ni
yesu wenyine.
Pawulo mu 2bakorinto ba Kabiri 2:2 “ntakindi nashatse ko
mumenya uretse yesu yesu wenyine wababwe”. Umwigisha w’ukuri agomga
nguhamagarira abantu kureba yesu
ntibarebe we, itorero ry’ukuri rigomba guhamagarira bantu kureba yesu
ntibahange amaso imigenzo y’idini cyagwa umushumba. Kristo niwe ukwiye kuvugwa
ntabwo ari umwigisha Yohana umubatiza yahamagiriye abantu kureba yesu ahamya ko
ari umwana w’imana kandi ukuraho ibyaha byabari mw’isi bose.
Natwe abavuga butumwa
impamvu twigisha ni yihe ? ese ni ukugirango abantu bamenye ubwenge ndufite ,
ese ni ukugirango abantu bamenye uburyo turi intyoza mukuvuga . ese niki gituma
twigisha? niki kigutera guhaguruka mu gitondo ufite gahunda yo kwigisha. impamvu
yo kuvuga kwacu igomba kuba nduhamagrira abantu kwizera kritso nicyo itorero
rigambiririye matayo 28:18-20 pawulo abwira timoteyo ati wowe wikomeze mu
nyigisho nakwigishije, inyigisho zihamagarira abantu kwizera kritso.
Mu materaniro yacu ni
kritso ukwiye kuvugwa ntabwo ari inzu nziza wagenzeho , amashuri wize, oya
mureke tuvuge kandi kritso wenyine wababwe uwo niwe ndukwiye kuvuga wenyine
kugirango abantu bamwizere bamumenye. We are
not called to proclaim philosophy and metaphysics, but the simple gospel.”
— Charles Spurgeon. “Ntitwahamagariwe kwamamaza filozofiya cyagwa
ubundi bwenge ahubwo twahamagariwe kwamamaza ubutumwa bwiza bworoshye.”
— Charles Spurgeon
Yohana umubatiza
yahamije yesu mu mubatizo. Ubutumwa yaje atanga nikimwe n’ubutumwa yesu yaje atanga
(matayo3:2=matayo4:17)
Uyu mubatizo wari ugizwe n’ibintu bitatu
Kwitegura ubwami bugiye kuza bwa kritso(matayo3:3
Guhamagarira abantu guhinduka mungeso zabo (matayo3:8, luka3:10-14
Kubabarirwa (mariko1:4
AMEN.
Ibitekerezo byatanzwe kuri iyi nyigisho