+250 789 164 797

Jambo Uwo Ariwe
Ubutumwa bwiza bwa yesu uko bwanditswe na Yohana 1:1-5
1.Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yahoranye n’Imana
kandi Jambo yari Imana. 2. Uwo
yahoranye n’Imana mbere na mbere. 3. Ibintu byose ni we wabiremye, ndetse mu
byaremwe byose nta na kimwe kitaremwe na we. 4. Muri we harimo ubugingo, kandi
ubwo bugingo bwari Umucyo w’abantu 5. Uwo
Mucyo uvira mu mwijima, ariko umwijima ntiwawumenya.
Iriburiro/introduction/book background
Yohana intumwa ya yesu (luka 6:13-14) niwe wanditse iki
gitabo, Yohana yanditse ibindi bitabo bine (1yohana,2,3, n’ibyahishuwe) nubwo
we ativuga ko ariwe wanditse iki gitabo ariko amateka agaragaza ko ariwe
wanditse iki gitabo. Muri iki gitabo tubonamo umwihariko utandukanye na Mariko,
Matayo Luka, ibyishi bivugwa muri Yohana ntabwo wabisanga muri ibi bitabo bindi
(Mariko. Luka. Matayo) muri Yohana harimo ibitangaza byinshi, Yohana Atanga
amakuru meshi kurusha abandi , yohana avuga cyane kuri mwuka wera ugereranyije
n’abandi. Yohana yanditse iki gitabo
afite impamvu.
Yohana 20:30-31. “Hariho n’ibindi bimenyetso byinshi Yesu yakoreye imbere y’abigishwa, bitanditswe muri iki gitabo. Ariko ibi byandikiwe kugira ngo mwizere yuko Yesu ari Kristo Umwana w’Imana, kandi ngo nimwizera muherwa ubugingo mu izina rye. Yohana yanditse ashaka ko bamenya “Ubumana bwa Kritso” (deity of Christ).
Body/ingingo
nyamukuru
Ingingo ya mbere: Jambo
yahozeho isi itararemwa
Yohana 1:1 “Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo
yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana.”
Mbere na Mbere :
Mbere na Mbere ivugwa hano tuyibona no muri 1yohana 1:1, Itangiriro 1:1. Mbere
yuko isi iremwa n’ibindi tubona mw’itangiriro1 mbere y’uko habaho igihe
n’umwanya bigenga abantu.
Jambo mu kigiriki ni “logos” logos ntabwo ryari ijambo
rishya ku bagiriki(abanyamahanga) kuko iri jambo bose bari barizi. logos ifite
ubusobanuro butandukanye
1.
Bisobanuye ijambo umuntu avuga (speech)
2.
Bisobanuye impamvu(reason, or rational thought)
3.
Ihame rigenga isi (a principle that governs the
universe)
Abagiriki bavuganga ko ihame rigenga isi cyagwa ibituma isi
iba kuri kumurongo (order) ni logos. Ku
bayuda nabo “logos” byahuraga ni “ijambo riri muri zaburi 33:6. Mubayahudi
nabo ntabwo ryari ijambo rishya kuko Logos bayisobanura nka “bwenge” abo bose
Yohana yakoresheje ibyo bari bazi abasobanurira Kristo.
Jambo Yohana ari kuvuga si imbaraga runaka ahubwo ni Kristo
yesu. Kuko kumurongo wa 14 aravuga ati “jambo uwo yabaye umuntu abana natwe
tubona ubwiza bwe busa n’ubw’umwana w’ikinege wa se yuzuye ubuntu n’ukuri.
Kristo yabayeho ibi tubona mu itangiriro1:1-30 byose
bitararemwa. Nta gihe cyigeze kibaho Kristo atarabaho , ntabwo yabayeho umunsi
avuka oya kristo yari ariho. kandi uku kubaho kwa Kristo yari ari kumwe n’Imana
v1. Yohana 17:5 “Na none Data, imbere yawe unyubahirishe cya cyubahiro
nahoranye ndi kumwe nawe isi itararemwa.” Abakolosayi 1:17 Yabanjirije byose…....
Kubaho kwa Kristo ni ukwiteka ntagihe atabayeho. Kandi nta n’igihe atazigera
akomeza kubaho ,ni uwiteka ryose.
Ingingo ya Kabiri: Jambo ni umuremyi
Jambo ariwe yesu ni umuremyi nta kintu nta kimwe
kirataremwe nawe,
Abakolosayi 1:16 “kuko muri we(yesu) arimwo byose
byaremewe…. Niwe wabiremye(yesu). Abaheburayo 1:2 “ari we
Yaremesheje isi. (yesu ) ibyahishuwe
3:14 “inkomoko y’ibyo Imana yaremye …. (ni yesu)
Kristo muri we nimo byose byaremewe
Kristo ni inkomoko ya byose
Kristo niwe wabiremye byose
Kristo niwe Imana yaremejeshe byose
Yesu ntabwo yigeze aremwa ahubwo yararemye .
Ingingo ya 3: jambo n’Imana
bibiliya yatweretse
ko hari umwana , hakaba na Data v1 “yahoranye n’Imana” ariko inatubwira
ko bose ari umwe. Yesu n’Imana Data ni abantu babiri batandukanye, ariko ni
Imana imwe. nubwo bigora kwiyumvisha ukuntu bose ari umwe. Yohana 20:28 Ariko
bibiliya irabitwereka kutabisobanukirwa kwacu ntibikuraho ko ari ukuri kw’Ijambo
ry’Imana , kandi kutabisobanukirwa kwacu bitugaragariza gukomera kw’Imana
(Gutegek 29:29) Yesu n’Imana Data ni abantu babiri batandukanye, ariko ni Imana
imwe.
itangiriro 1:26 “Imana iravuga iti tureme umuntu….. Imana, yesu , umwuka wera bararemye . abakolosayi 1:16-17. Ariko tugenda tubona data hari akazi afite na Kristo agakora akandi kazi mu iremwa 1 abakorinto 8:6. kristo ntabwo yigeze aremwa ahubwo yararemye ndetse umwanditsi yohana aduhamirije ko ari byose. Atari kimwe cyagwa bimwe ibindi ngo biremwe n’Imana Kristo atarimo oyaaaa byose, byaremwe nawe.
Ingingo ya 4: Jambo ni ubugingo
V4 jambo ni ubugingo. Ubu bugingo butandukanye n’ubuvugwa
mu itangiriro 2:7. Ubu bugingo buvugwa hano ni ubugingo buduha kugirana
ubusabane n’Imana binyunze mu kwizera yesu Kristo. Yohana 14:6 “ni jye nzira
n’ukuri n’ubugingo ntawujya kwa data ntamujyanye. Jambo niwe bugingo kandi ubwo
bugingo ni umucyo Yohana 8:12, ukura umuntu mu mwijima w’ibyaha.
AMEN.
Ibitekerezo byatanzwe kuri iyi nyigisho